General News | Page 6 | Rwanda
Default environment

You are here

Status message

The webform component civicrm_contact is not able to be displayed

General News

Kirehe: Depite Habineza yasobanuye uko pulasitike ari umwanzi ukomeye w’ibidukikije

Depite Dr Frank Habineza, Visi Perezida wa komisiyo y’imibereho myiza mu nteko ishinga amategeko umutwe w’Abadepite avuga ko hakenewe ubufatanye mu gukumira ikoreshwa ry’ibikozwe muri pulasike kuko biteza ingaruka zirimo urupfu ku binyabuzima n’iyangirika rikomeye ry’ibidukikije.

English

Rwanda South:Urubyiruko rw’ishyaka Green Party rwiyemeje gutera ibiti

Urubyiruko rwo mw’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda, Green Party rwiyemeje gutera ibiti nk’uko Umuyobozi waryo Dr Frank Habineza yabigenje.

Abarwanashyaka b’urubyiruko mu ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda) baturutse mu turere 8 tw’Intara y’Amajyepfo, bitoyemo ababahagarariye banahugurwa ku ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye, kurengera ibidukikije n’ibindi.

Hasubika Samuel uhagarariye urubyiruko ku rwego rw’Intara y’Amajyepfo yavuze ko bo ubwabo hari intego bihaye

English

Dr Habineza yasuye ibiti yateye mu ishyamba rya Kaminuza -UR mu myaka 22 ishize

Umuyobozi Mukuru w’ishyaka DGPR (Democratic Green Party of Rwanda) riharanira demukarasi no kurengera ibidukikije, Dr Frank Habineza, yasuye ibiti birenga 1000 we na bagenzi be bari bakiri abanyeshuri bateye mu ishyamba rya Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, mu mwaka w’2000 na 2001.

Igikorwa cyo gusura ibi biti cyakurikiye inama y’urubyiruko rwo muri iri shyaka rubarizwa mu ntara y’Amajyepfo, yabereye mu karere ka Huye kuri uyu wa 20 Gicurasi 2023, yibandaga ku mahugurwa kuri demokarasi, kurengera ibidukikije no ku buringanire.

English

Aho bitandukaniye na 2017, ubu tumaze imyaka 5 dukora politike – Frank Habineza ushaka gusimbura Kagame

Umukuru w'ishyaka riharanira demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda, Dr Frank Habineza, avuga ko yizeye gutsinda amatora ya Perezida yo mu mwaka utaha.

Mu nteko rusange y'ishyaka yabaye ku wa gatandatu, Depite Habineza yongeye gutorerwa kuyobora iri shyaka mu yindi manda y'imyaka itanu, anatangaza ko aziyamamaza mu matora ya perezida ateganyijwe kuba mu 2024.

English

Rwanda : l'opposant Frank Habineza candidat à la présidentielle

L'opposant Frank Habineza, chef du Parti vert démocrate du Rwanda, a été investi samedi par sa formation candidat à l'élection présidentielle prévue l'an prochain.

Frank Habineza devrait affronter le président Paul Kagame, qui dirige le Rwanda d'une main de fer depuis des décennies et qui a remporté un troisième mandat en 2017 avec près de 99% des voix.

Ancien chef rebelle, Kagame est considéré comme le dirigeant de facto du pays depuis la fin du génocide de 1994.

English

Rwanda opposition figure announces presidential bid

The head of a Rwandan opposition party, Frank Habineza, said on Saturday he would run for president in next year´s election after winning the nomination of the Democratic Green Party of Rwanda.

Habineza is widely expected to face President Paul Kagame, who has ruled Rwanda with an iron fist for decades and who won a third term in 2017, taking home nearly 99 percent of the vote.

A former rebel chief, Kagame has been regarded as the country´s de facto leader since the end of the 1994 genocide.

English

Dr Frank Habineza yatorewe kuyobora Green Party yemeza ko aziyamamariza kuyobora u Rwanda

Abarwanashyaka b’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu #Rwanda [Democratic Green Party of Rwanda] batoye Dr Frank Habineza nka perezida w’iri shyaka muri manda y’imyaka itanu iri imbere, banahita bemeza ko azongera kwiyamamariza kuyobora u Rwanda, ahagarariye Ishyaka.

Dr Habineza usanzwe ari n’Umudepite uhagarariye iri shyaka mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yatowe kuri uyu wa Gatandatu tariki 13 Gicurasi 2023, mu Nteko Rusange [Congres] y’iri shyaka.

Amatora nk’aya yaherukaga mu 2018, ari nayo yongereye manda Dr Habineza yo kuyobora iri shyaka.

English

Rwanda : Il faut augmenter un budget alloué à la prévention et la gestion des catastrophes naturelles – Dépité Habineza

Un membre du Parlement du Rwanda, le Dr Frank Habineza demande que lors du vote du budget pour la prochaine année 2023/24, qu’il soit envisagé d’augmenter le montant des fonds affectés à la prévention des catastrophes. Annoncé ce 3 mai 2023, où une pluie diluvienne mêlée de vent s’est abattue sur les parties ouest et nord, provoquant des catastrophes qui ont tué environ 130 personnes et en ont laissé d’autres sans abri.

Le Ministre des Finances, Uzziel Ndagijimana a présenté au Parlement, les deux chambres, le projet de loi portant loi de finances 2023/24.

English

Depite Frank Habineza yasabye ko gukumira ibiza bihabwa umwihariko mu ngengo y’imari

Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Dr Frank Habineza yasabye ko mu kugena ingengo y’imari y’umwaka utaha wa 2023/24 hakwiye kwitabwa ku kongera amafaranga yagenewe gukumira ibiza.

Ni ibyo yatangaje kuri uyu wa 3 Gicurasi 2023, umunsi imvura idasanzwe ivanze n’umuyaga yaguye mu bice by’Uburengerazuba n’Amajyaruguru, igateza ibiza byahitanye abagera mu 130, abandi bagasigara badafite aho barambika umusaya.

English

Green Party arasaba abahinzi kugabanya ifumbire mvaruganda bakoresha

Umuyobozi Mukuru w’ishyaka DGPR (Green Party) riharanira demukarasi no kurengera ibidukikije, Dr Frank Habineza, arasaba abahinzi kugabanya ifumvire mvaruganda bakoresha, kuko igira ingaruka nyinshi ku buzima.

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru nyuma yo kuyobora inama y’abanyamuryanyo ba Green Party batuye mu ntara y’Amajyaruguru iherutse kubera mu karere ka Musanze, Dr Habineza, yasobanuye ko ifumbire mvaruganda iteza ibyago birimo kanseri.

English

Pages