Kuwa gatatu w’iki cyumweru, Perezida w’ishyaka Green Party akaba n’umwe mu bazahatanira umwanya w’umukuru w’igihugu mu matora ari imbere, Dr Frank Habineza, yasuye Umurenge wa Rwamiko mu Karere ka Gicumbi. Yari ajyanywe no kuvugana n’ubuyobozi bw’uwo murenge ibirebana n’abarwanashyaka be batotezwa, bahora batumizwa ku murenge ndetse bamwe bakaba barawimutsemo. Ikiganiro bagiranye, agifitiye amajwi n’amashusho, ariko nta muyobozi n’umwe muri uwo murenge wemera ko Dr Frank yahageze.