General News | Page 2 | Rwanda
Default environment

You are here

Status message

The webform component civicrm_contact is not able to be displayed

General News

Amajyaruguru: Abarwanashyaka ba Green Party batoye abazabahagararira mu matora

Abarwanashyaka b’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR), bahagarariye abandi bo mu turere tw’Intara y’Amajyaruguru, batoye abakandida bazabahagararira mu matora y’abadepite ateganyijwe muri Nyakanga 2024.

 

Aya matora yabaye Ku wa 15 Werurwe 2024 abera mu Nteko Rusange yateraniye mu Karere ka Musanze, yahuje abarwanashyaka bahagarariye abandi baturuka mu turere tw’iyi Ntara n’abayobora ibyiciro byihariiye birimo abagore n’urubyiruko.

English

Imyaka itandatu mu Nteko, Imyiteguro y'amatora: Impumeko ya Dr Frank Habineza [Ikiganiro n'Igihe.com]

Harabura amezi atatu kugira ngo hatangire ibikorwa bijyanye n’amatora y’Abadepite ndetse n’aya Perezida wa Repubulika cyane ko ari wo mwaka wa mbere agiye kuba ahujwe.

Amashyaka ndetse n’abanyapolitiki batandukanye mu Rwanda batangiye gukora ibikorwa bitandukanye by’imyiteguro iganisha kuri ayo matora.

Dr Frank Habineza uyobora Ishyaka Democratic Green Party of Rwanda, ni umwe mu bashaka kongera kwiyamamariza kuyobora u Rwanda nyuma yo kudahirwa n’umwaka wa 2017.

English

Ishyaka Green Party ryahisemo abazarihagararira mu Majyepfo mu matora y’Abadepite

Abayoboke b’Ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije, Democratic Green Party of Rwanda, bagaragaje ko hari ibitekerezo batanze byashingiwemo mu kugena impinduka zirimo kongera umushahara wa mwarimu, bakaba bavuga ko bazongera kurishyigikira mu matora ateganyijwe muri Nyakanga 2024.

Babigarutseho ku Cyumweru, tariki ya 10 Werurwe 2024, ubwo bari mu Nteko Rusange y’iri shyaka ku rwego rw’Intara y’Amajyepfo, ahatowe abo muri iyi ntara bazarihagararira mu matora y’Abadepite.

English

Green Party irifuza ko ibiciro by’ibiribwa ku masoko bigabanuka

Abarwanashyaka bo mu Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda(Democratic Green Party of Rwanda) bitabiriye congress baturutse mu Ntara y’Amajyepfo, basabye ko abazabahagararira mu Nteko ishingamategeko kuzabakorera ubuvugizi ibiciro by’ibiribwa biri ku masoko bikaba byagabanuka.

English

Green Party yatoye abazayihagararira mu matora y’Abadepite mu Ntara y’Amajyepfo

Kuri iki cyumweru, itariki 10 Werurwe 2024, ishyaka Democratic Green Party of Rwanda ryatoye abakandida 16 bazarihagararira ku rwego rw’Intara y’Amajyepfo mu matora y’abadepite ateganyijwe muri Nyakanga uyu mwaka.

Muri aya matora, Akarere ka Kamonyi kari gahagarariwe na Murenzi Jean de Dieu na Ishimwe Denyse, mu gihe Muhanga yari ihagarariwe na Gasangwa Jean Luc na Uwineza Deliphine, Nyamagabe ihagarariwe na Nkurunziza Emmanuel na Mutuyimana Louise, Akarere ka Nyanza kakaba kari gahagarariwe na Nsengumukiza Valery na Ingabire clemantine.

English

Dr Frank Habineza yagizwe Ambasaderi w’amashyaka arengera ibidukikije ku Isi (Global Greens Ambassador)

Umuyobozi w’ishyaka DGPR (Democatric Green Party of Rwanda) akaba n’Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko, Dr Frank Habineza, yagizwe Ambasaderi w’umuryango uhuza amashyaka arengera ibidukikije na demokarasi ku Isi.

Dr Habineza yahawe iyi nshingano hashingiwe ku muhate yagize mu kurengera ibidukikije n’ibyo yagezeho kuva mu 2018 ubwo yari ahagarariye ihuriro ry’amashyaka arengera ibidukikije muri Afurika.

English

Green Party irifuza ko abategura Umushyikirano batajya bawusanisha n’ishuli

Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ihuza Perezida wa Repubulika n’abahagarariye abaturage, ikaba ari ngarukamwaka kuko iba nibura rimwe mu mwaka, igasuzuma uko ubuzima bw’Igihugu n’ubumwe bw’Abanyarwanda bihagaze.

Umukuru w’Igihugu ni we utumiza, akanagena abitabira inama y’Igihugu y’Umushyikirano ndetse akanayiyobora, aho imyanzuro yayo ishyikirizwa inzego zibishinzwe, kugira ngo zirusheho gutunganya imirimo zikorera abaturage.

English

Democratic Green Party of Rwanda Congress: Paving the Way for the 2024 Elections in Rwanda

The Democratic Green Party of Rwanda (DGPR) organized the Kigali City party congress that was a platform to give contributions to the party manifesto and elect the parliamentary candidates from the city who will represent them in the next coming elections due in July 2024. The event was held on January 26th, 2024, in Gasabo district, Kigali.

English

Hon Dr.Frank Habineza yavuze ku ifungwa ry'imipaka ihuza u Rwanda n'u Burundi

Umuyobozi w'Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije( Democratic Green Party of Rwanda),Hon Dr Frank Habineza avuga ko icyemezo cyafashwe na Leta y'u Burundi cyo gufunga imipaka ibuhuza n'u Rwanda, kigomba gukemurwa n'impande zombi biciye muri Diporomasi,abaturage bagakomeza guhahirana.

Ibi Hon Dr.Frank Habineza yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Mutarama 2024,mu kiganiro yagiranye n'abanyamakuru ubwo we n'abandi bayobozi bari bitabiriye Kongere y'abarwanashyaka ba Democratic Green Party of Rwanda (DGPR) mu Mujyi wa Kigali.

English

Democratic Green Party’s Vision for Sports in Every Cell In Rwanda

In a significant gathering, the Democratic Green Party of Rwanda convened its first congress of 2024, fostering unity among the youth, women, and party members to deliberate on the party’s manifesto.

Held on January 26th, 2024, in Kigali City, the Green Party congress for Kigali City served as a platform for diverse discussions covering justice, genocide ideology prevention, human rights, sports, and entertainment.

English

Pages