Mu Rwanda hashyizweho ikigo gishinzwe gukemura amakimbirane ya Politike nibwo twakwizera umutekano w’igihugu urambye – Hon-Dr Frank Habineza | Rwanda
Default environment

You are here

Status message

The webform component civicrm_contact is not able to be displayed

Mu Rwanda hashyizweho ikigo gishinzwe gukemura amakimbirane ya Politike nibwo twakwizera umutekano w’igihugu urambye – Hon-Dr Frank Habineza

Umudepite mu Nteko Ishingamategeko y’URwanda akaba n’umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije (DGP) mu Rwanda, Dr Frank Habeneza, avuga ko hakwiye gushyirwaho ikigo na  Leta y’u Rwanda  gishinzwe gukemura amakimbirane y’apolitike y’abari mu gihugu n’abari hanze yaco mu rwego rwo kugirango u Rwanda rubeho rufite umutekano usesuye”.

Ati:”Abarwanya leta n’abari muri leta ,twifuza ko  bahura bakaganira, Leta yafata iyambere muri ibi biganiro, bikajya bibera no mu bindi bihugu nko mu Bwongereza, muri Amerika  muri Afurika n’ahandi, bibaye  abanyarwanda n’abaturarwanda bakizera umutekano w’igihe urambye.

Akomeza agira ati”dushyigikiye Leta ko iganira n’abatavuga rumwe bayirwanya nkuko twabisabaga igihe [twiyamamazaga]

 Twishimira  ibyamaze gukorwa birimo kongera umushahara w’amwalimu no gutanga imbabazi kubari muri gereza ndetse n’abamwe mu Banyapolikike bahawe imbabazi harimo n’abantu 2000 bafunguwe  kumbabazi za Perezida wa Repuburika ”.

Tubibutse ko yabivugiye mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru Tariki ya wa 5 Kamena 2022, I Kigali.

Hon Dr Frank Habineza yasoje ikiganiro avuga ko ibi  biramutse bidakozwe nta mutekano usesuye abantu bakizera.

Ati”kuganira n’abarwanya  ubutegetsi bw’URwanda ,byatanga umusaruro urabye, ibi biganiro bibayeho twakumvikana,  kuko ndizera neza ko dushyize hamwe ntacyananira abanyarwanda, uretse abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi kuko ibyabo bigira uko bigenda”.

Source: Mu Rwanda hashyizweho ikigo gishinzwe gukemura amakimbirane ya Politike nibwo twakwizera umutekano w’igihugu urambye – Hon-Dr Frank Habineza – HANGANEWS