Dr Frank Habineza wari umukandida mu matora y’umukuru w’Igihugu akaza gutsindwa, asanga nta mpamvu y’uko u Rwanda na Human Rights Watch (HRW) baca umubano ahubwo ko bombi bagakwiye kuganira bakanoza ibyo batuvugaho rumwe.
Ibi yabigarutseho mu kiganiro imitwe ya Politiki yo mu Rwanda yagiranye n’itangazamakuru kuwa 24 Ukwakira 2017.Abahagarariye imitwe ya Politiki mu Rwanda batanze ikiganiro cyari kigamije kugaragaza ibyo ’aya mashyaka ateganya gufasha ishyaka riri ku butegetsi ari naryo ryatsinze amatora ya Perezida yabaye muri Kanama uyu mwaka’.