Kuwa 13 Gicurasi, Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije (Democratic Green Party Rwanda) ryashyikirije urwandiko Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda rivuga ko ridashyigikiye ko itegeko nshinga rihinduka.
Dr Frank Habineza, umuyobozi w’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije ari kumwe n’abamwungirije babiri nibwo bagejeje ibaruwa ku Nteko Ishinga Amategeko igaragaza ko badashyigikiye ihindurwa ry’itegeko nsinganga.
The Democratic Green Party of Rwanda has today, the 13th of May 2015, submitted its petition to the Rwandan Parliament, against the proposed amendment of lifting the presidential term limits from the Constitution.
Mu butumwa umuyobozi wa Green Party Dr Frank Habineza yageneye Abanyarwanda mu bihe byo kwibuka, aramagana abapfobya n’abahakana Jenoside, kandi agakangurira Abanyarwanda kwirinda uwabazanamo Politiki y’amacakubiri.
Umuyobozi wa Green Party avuga ko igikwiye ari uko Abanyarwanda bose bafatanya mu guharanira ko Jenoside itazasubira kubaho ukundi, barwanya abahakanyi, kandi n’Umuryango Mpuzamahanga ugakora ibishoboka mu guha ubutabera abarokotse Jenoside, hafatwa kandi hagacibwa urubanza abayigizemo uruhare bakidegembya.
Umuyobozi w’ishyaka Democratic Green Party avuga ko bakomeje kubangamirwa mu kazi kabo kugeza n’aho batunguwe no kugira uduce tumwe bageramo bagiye gukoresha inama bakangirwa n’Inzego z’Ubuyobozi bw’Ibanze ndetse n’inzego z’umutekano zibawira ko nta burenganzira babifitiye kuko batemerewe gukorera mu Rwanda, ndetse bamwe bakabita FDLR.
Democratic Green Party leader, Dr. Frank Habineza appeared on Contact FM’s 1 on 1 with Eugene Anangwe and discussed DGPR's role in Rwanda’s development and political agenda. He commentented on government policies, such as education, taxation and freedom of speech. He also opposes the change in constitution to allow President Kagame to run for 3rd term in 2017.
Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demokarasi n’Ibidukikije (Democratic Green Party of Rwanda : DPGR) Dr Frank Habineza avuga ko asanga mu Rwanda uburengenzira bwo kugaragza ibitekerezo bukiri kure ndetse akemeza ko itanagzamakuru rikomeje kutitabwaho.
Dr Frank avuga ko mu Rwanda hakagombye kubaho Minisiteri y’Itangazamakuru ukwayo aho kurishyira muri Minisiteri ifite izindi nshingano nyinshi zitandukanye kandi zikomeye, aho arigereranya n’umwana w’imfubyi bahaye kurerwa n’umugabo ufite abagore 5, abana 3 ndetse n’abuzukuru 416.
The Democratic Green Party of Rwanda is pleased to inform members of the media and the general public that it successfully conducted a training on Gender Mainstreaming in politics and environment for the members of the political bureau on 14th March 2015 at Hotel Labana, Kigali.
Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda) avuga ko bakomeje kubangamirwa ndetse bakanahohoterwa n’inzego z’ibanze mu kazi kabo kubukangurambaga mu kumvikanisha ibikorwa by’ishyaka hamwe nahamwe mu Gihugu.
Abayobozi bakuru b’Ishyaka Green Party mu kiganiro n’Abanyamakuru(Photo/Indatwa)
Nta gihe gishize umuyobozi w’ishyaka rya Democratic Green Party, Dr Frank Habineza atangarije IMIRASIRE.com ko we n’ishyaka ayoboye badashyigikiye ko itegeko nshinga rihinduka. Icyo gihe mu magambo ye yagize ati:” Twebwe nk’ishyaka twakoze inama ya Bureau Politique dutangaza ku mugaragaro ko tudashyigikiye ko itegeko nshinga rihinduka kandi n’iriya manda ya gatatu ntabwo tubishyigikiye. Twabivuze ku mugaragaro ko tutabishyigikiye.”
Few days ago the leader of Greeen party, Dr. Frank Habineza told Imirasire.com that he, himself and his party disapprove proposals of the amendment of the national constitution.
“The Democratic Green Party of Rwanda held a meeting with the political bureau… and we took a decision,…The Party does not support or will not support any proposal to change the constitution.” Habineza Said