Depite Frank Habineza yashinje ibihugu bikomeye guteza ibibazo bituma habaho abimukira benshi n’impunzi, ku buryo ari byo bigomba kubishakira igisubizo kirambye, aho kwitabaza u Rwanda.
Mu kwezi gushize, u Rwanda rwasinyanye n’u Bwongereza amasezerano y’imyaka itanu, azatuma rwakira abimukira babarirwa mu bihumbi, binjiye mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko guhera ku wa 1 Mutarama 2022.
Kuva muri Mutarama kugeza muri Mata uyu mwaka, nibura abimukira basaga 4.500 binjiye mu Bwongereza mu buryo butemewe.